آداب السفر وأحكامه
IMYIFATIRE MU RUGENDO N'AMATEGEKO ARUGENGA. Ikuzo n'ishimwe ni ibya Allah Nyagasani w'ibiremwa byose, amahoro n'imigisha bisakare ku Ntumwa yacu Muhamad, no ku bantu be n'abasangirangendo bayo bose.
IMYIFATIRE MU RUGENDO N'AMATEGEKO ARUGENGA. Ikuzo n'ishimwe ni ibya Allah Nyagasani w'ibiremwa byose, amahoro n'imigisha bisakare ku Ntumwa yacu Muhamad, no ku bantu be n'abasangirangendo bayo bose.
Nyuma y'ibyo:
Ubu ni ubutumwa mu ncamacye ku byerekeranye n'imyifatire ikwiye kuranga umuntu uri mu rugendo ndetse n'amategeko abigenga, twaharaniye kugaragaza ibyo umuntu uri ku rugendo akunze gucyenera.
Allah niwe dusaba ko yabugira ubukozwe kubera we Nyir'ubutagatifu, kandi bukagirira akamaro abayisilamu bose.
Ubu butumwa bwateguwe n'akanama k'ubumenyi mu muryango ushinzwe gusakaza inyigisho za Kisilamu mu ndimi zitandukanye.
ICYA MBERE: IMYIFATIRE IGENGA UMUNTU URI KU RUGENDO.
Birakwiye ko umuntu uri ku rugendo rwo mu mutambagiro mutagatifu cyangwa se n'ibindi bikorwa byo kwiyegereza Allah yita kuri ibi bikurikira:
1-Gusaba Allah kuguhitiramo igihe gikwiye, n'icyo kugenderaho, n'uzaguherekeza, ndetse n'inzira werekeramo igihe inzira ari nyinshi. Kandi akagisha inama inzobere n'abantu bakora ibikorwa byiza. Naho urugendo rw'umutambagiro mutagatifu mukuru (Hijjat) n'umuto (Umrat) byo nta gushidikanya ko ari nziza. N'uburyo gusaba Allah ko aguhitiramo bikorwmo nuko asali rakat ebyiri, yarangiza agasaba ubusabe Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yigishije.
2- Umuntu ugiye gukora umutambagiro mukuru (Hidjat) n'umuto (Umrat) ni itegeko kuri we ko uwo mutambagiro agiye gukora aba agamije gushimisha Allah Nyir'ubutagatifu wenyine no kumwiyegereza, ntabe agamije iby'isi birangira cyangwa se kwiyerekana, cyangwa se kwegukana amazina runaka, cyangwa se gushimwa no kuvugwa n'abantu. kubera ko ibyo byose byaba impamvu y'uko ibyo akoze biba imfabusa ndetse ntibinakirwe. Allah Nyir'ubutagatifu yaravuze ati: "Vuga (yewe Muhamadi) uti: “Mu by’ukuri njye ndi umuntu nkamwe. Nahishuriwe ko Imana yanyu ari Imana imwe rukumbi (Allah). Bityo, uwiringiye kuzahura na Nyagasani we, ajye akora ibikorwa byiza, kandi ntazagire ikindi asenga akibangikanyije na Nyagasani we." [Surat Al Kah'f: 110] No muri Hadithi Ntagatifu iragira iti: "Njye ndihagije ntacyo ncyeneye ku byo bambangikanya nabyo; uzakora igikorwa akakimbanyikanyamo n'ikindi kitari njye nzamureka n'ibangikanyamana rye." [1] [1] Yakiriwe na Muslim, kuri nimero (2985).
3.Umuntu ugiye gukora umutambagiro mukuru (Hidjat) n'umuto (Umrat) ni itegeko kuri we kubanza kwihugura amategeko awugenga, ndetse n'amategeko y'urugendo mbere y'uko arutangira, kugira ngo atazareka igikorwa cy'itegeko cyangwa se akagwa mu cyaha kiziririjwe. Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: "Uwo Allah ahitiyemo ibyiza, amushoboza gusobanukirwa idini." [2] [3] Yakiriwe na Bukhari, kuri nimero (3116), na Muslim kuri nimero (100).
4.Umuntu ugiye gukora umutambagiro mukuru (Hidja) n'umuto (Umrat) ni itegeko kuri we guhitamo umutungo uziruye utaziririjwe uzamufasha muri ibyo bikorwa, kubera ko Allah ari mwiza kandi atajya yemera usibye ibyiza, no kubera ko umutungo uziririjwe ari imwe mu mpamvu zo kutakirirwa ubusabe.
5. Kwicuza ibyaha byose n'amakosa, n'iyo afite iby'abandi atabishyuye agomba kubibaha, agakiranuka nabyo, byaba ibyubahiro cyangwa se imitungo cyangwa se n'ibindi.
6. Umuntu uri ku rugendo ni byiza gusiga yanditse umurage, n'ibyo abandi bamugomba ndetse n'ibyo nawe abagomba; Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: "Ntibikwiye ku muyisilamu ufite ikintu ashobora kuba yatangaho umurage (nk'umutungo, amadeni...) kumara amajoro abiri usibye ko umurage we ugomba kuba yawanditse awufite." [3] Kandi akawutangira abagabo, ndetse akanishyura amadeni afitiye abandi, agasubiza indagizo ba nyirazo cyangwa se akabasaba uburenganzira bwo kudahita azibasubiza. [Yakiriwe na Bukhari (2738), na Muslim (1627).
7. Ni byiza ku muntu ugiye mu rugendo gukora ibishoboka agatoranya umuherekeza mwiza, agaharanira ko yaba ari umwe mu bashaka ubumenyi bw'idini, kubera ko ari imwe mu mpamvu zo kumushoboza no kwirinda kugwa mu makosa igihe ari mu rugendo cyangwa se mu mutambagiro we mukuru n'umuto, kubera Hadith y'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) igira iti: "Buri muntu aba ari mu idini ry'umukunzi we, na buri wese muri mwe ajye ashishoza arebe uwo akundana nawe." No kubera imvugo y'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) igira iti: "Ntuzagendane n'undi muntu utari umwemeramana, kandi ntihazagire umuntu urya ku byo kurya byanyu usibye umutinyamana." [5] [4] Yakiriwe na Abu Dawud, nimero (4833). [5] Yakiriwe na Abu Dawud, nimero (4832), na Tirmidhiy nimero (2395).
8. Ni byiza ko umuntu ugiye mu rugendo asezera ab'iwe, n'abaturanyi be, n'inshuti ze. Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: "Umuntu uzashaka kujya mu rugendo ajye abwira abo asize inyuma ati: ASTAW'DIUKUMULLAHU LADHI LA YUDW'IIU WADA-IA'HU: Mbaragije Allah we utajya atererana abo aragijwe." Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yajyaga isezera abasangirangendo bayo, iyo umwe muri bo yabaga ashatse kujya mu rugendo igira iti: "ASTAW'DI-ULLAHA DIINAKA, WA AMANATAKA, WA KHAWATIIMA AMALIKA: Ndagije Allah ukwemera kwawe, n'indagizo zawe, n'iherezo ry'ibikorwa byawe." [7] Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yajyaga ibwira umwe mu bagiye mu rugendo uyisabye ko yamugira inama igira iti: "Allah aguhe impamba yo kumutinya, anakubabarire ibyaha byawe, ndetse anakorohereze ibyiza byose aho uzaba uri hose." [8]. Umugabo umwe yaje ku Ntumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ashaka gukora urugendo nuko aravuga ati: Yewe Ntumwa y'Imana! Mpa impanuro. Nuko iramubwira iti: "Nguhaye impanuro zo gutinya Allah, no kujya uvuga ALLAH AKBAR igihe cyose ugeze ahirengeye." Ubwo yari amaze kugenda Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: Nyagasani Mana muhinire isi urugendo rube rugufi, unarumworohereze. [9] [6] Yakiriwe na A-Twabaraniy, nimero (823). [7] Yakiriwe na Ahmad mu gitabo cye Al Musnad, nimero (4524). [8] Yakiriwe na Tirmidhiy, nimero (3444). [9] Yakiriwe na Ahmad mu gitabo cye Al Musnad, nimero (9724).
9. Ntiyitwaza mu rugendo rwe inzogera, inanga n'imbwa; kubera imvugo yaturutse kwa Abu Hurayrat yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti: "Abamalayika ntibaherekeza abantu bagendana n'imbwa cyangwa se inzogera." [10] Yakiriwe na Muslim, kuri nimero (2113).
10. Iyo ashatse kujyana n'umwe mu bagore be, igihe afite abarenze umwe, abakoresha tombola uwo iguyeho akaba ari we bajyana, kubera Hadith ya Aishat (Imana imwishimire) yaravuze ati: "Iyo Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yashakaga gukora urugendo yakoreshaga tombola hagati y'abagore bayo, uwo iguyeho akaba ari we ijyana nawe." [11] [11] Yakiriwe na Bukhari, kuri nimero (2593), na Muslim kuri nimero (2770).
11. Ni byiza kuri we gutangira urugendo kuwa kane mu ntangiriro z'amanywa igihe bimworoheye, kubera ko n'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ariko yabigenje. Ka'ab Ibun Malik (Imana imwishimire) yaravuze ati: "Ni gacye cyane Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yashakaga kujya mu rugendo, bitari ku wa kane." [12]. [12] Yakiriwe na Bukhari, nimero (2949).
12. Ni byiza ku muntu uri ku rugendo gusaba ubusabe bwo kuva mu rugo agiye mu rugendo ndetse no mu bind bihe, maze akavuga ati: "BISMILLAHI, TAWAKALTU ALA LLAHI, WALA HAWULA WALA QUWATA ILA BILLAH; ALLAHUMA INI A-UDHUBIKA AN ADWILA, AW UDWALA, AW AZILA, AW UZALA, AW ADHW’LIMA, AW UDHW’LAMA, AW ADJ’HALA, AW YUDJ’HALA ALAYA: Ku izina rya Allah, niringiye Allah, kandi nta bubasha n'ubushobozi usibye ko ari ibya Allah! Mana Nyagasani ndakwiyambaje ngo undinde kuba naba impamvu y’uko nayoba cyangwa se kuba nayobya undi, cyangwa se kugwa mu byaha naba mbigambiriye cyangwa se ntabigambiriye, cyangwa se kuba nagira uwo mpuguza cyangwa se nahuguzwa, cyangwa se kugira uwo ngirira urugomo cyangwa se ngo ndukorerwe." [12] [13] Yakiriwe na Abu Dawud, nimero (5094).
13. Ni byiza ku muntu ugiye ku rugendo gusaba ubusabe bwo ku rugendo, igihe yuriye ingamiya, cyanwga se imodoka, cyangwa se indege, cyangwa se n'ibindi bigenderwaho, akavuga ati: "ALLAH AKBAR, ALLAH AKBAR, ALLAH AKBAR, SUB'HANA LADHI SAKHARA LANA HADHA WAMA KUNA LAHU MUQ'RINIINA WA INA ILA RABINA LAMUNQALIBUNA [SURAT A-ZUKH'RUF: 14]. ALLAHUMA INA NAS'ALUKA FI SAFARINA HADHA AL BIRA WA TAQ'WA, WA MINAL AMALI MA TAR'DWA. ALLAHUMA HAWIN ALAYNA SAFARANA HADHA, WATW'WI ANA BU'UDAHU. ALLAHUMA ANTA SWAHIBU FI SAFARI WAL KHALIFATU FIL AH'LI. ALLAHUMA INI AUDHUBIKA MIN WA'ATHA-I SAFARI [14], WA KA-ABATIL MAN'DHWARI [15], WA SU-IL MUN'QALABI [16] FIL MALI WAL AH'LI [17]: Allah asumba byose, Allah asumba byose, Allah asumba byose. Ubutagatifu ni ubwa Allah, We watworohereje ibi tutari kubyishoborera, kandi kwa Nyagasani wacu ni ho tuzasubira. Mana Nyagasani turagusaba muri uru rugendo rwacu ibyiza no kugutinya, no gukora ibikorwa wishimira. Mana Nyagasani tworohereze uru rugendo, unaruduhinire rube rugufi. Mana Nyagasani ni wowe Muherekeza mu rugendo, n'umusigire ku banjye nsinze mu rugo. Mana Nyagasani nkwikinzeho ngo undinde imvune z'urugendo n'indoro mbi, ndetse n'iherezo ribi mu mutungo no mu muryango." [14] Ni ingorane umuntu yahura nazo mu rugendo. Biri mu gitabo Al If'swaah an Ma'ani A-Swihaah (4/284). [15] Ni ukugaragara nabi no kugira agahinda. Biri mu gitabo Al If'swaah an Ma'ani A-Swihaah (4/284). [16] Ni uguhindukira. Biri mu gitabo Al If'swaah an Ma'ani A-Swihaah (4/284). [17] Yakiriwe na Ahmad mu gitabo cye Al Musnad, nimero (6374).
14. Ni byiza ko umuntu ugiye mu rugendo atagenda wenyine nta muherekeza, kubera imvugo y'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) igira iti: "Iyo abantu bamenya ibyo nzi biba ku muntu ugenda wenyine, nta muntu wari kujya agenda ku rugendo nijoro ari wenyine." [18] [18] Yakiriwe na Bukhari, nimero (2998).
15. Abari ku rugendo bitoramo ubayobora, kugira ngo abahurize hamwe, binatume bashyira hamwe, ndetse bitume bagera ku ntego yabo. Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze ati: "Abantu batatu nibajya mu rugendo bajye bitoramo umuyobozi." [19] [19] Yakiriwe na Abu Dawudi, nimero (2608).
16. Umuntu uri ku rugendo akwiye gushishikarira kubahiriza ibyo Allah yamutegetse no kwirinda ibyo yamuziririje, ndetse akanarangwa n'imico myiza; aba akwiye gufasha no gutera inkunga ubicyeneye, ndetse akanaha ubumenyi ubumusabye ubucyeneye, akagira ubuntu mu mutungo we, akawutanga mu bimufitiye akamaro, n'ibigafitiye abavandimwe be ndetse no mu byo bacyeneye.
17- Ni byiza umuntu uri ku rugendo kurushaho kongera ibyo acyeneye mu rugendo, kubera ko hari ibishobora kumubaho, ibintu bigahinduka.
18. Ni byiza umuntu uri ku rugendo kuba acyeye mu buranga, nta mwaga, afite umutima mwiza, ndetse no guharanira gushimisha abandi bari kumwe, kugira ngo abisanzureho nabo bamwisanzureho.
19. Ni byiza ku muntu uri ku rugendo kwihanganira ibyamubaho nk'imyitwarire mibi y'abo bari kumwe, no kunyuranya n'igitekerezo cye, akababanira mu buryo bwiza, kugira ngo bamwubahe imbere yabo.
20. Ni byiza ko iyo abagenzi bagize aho bashyikira bajya hamwe, kubera ko bamwe mu basangirangendo b'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iyo bageraga ahantu, buri wese yanyuraga ukwe bakajya mu bibaya n'imisozi, nuko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) irababwira iti: "Mu by'ukuri gutandukana kwanyu mukajya mu bibaya n'imisozi mubiterwa na Shitani." [20] Nyuma yaho bajyaga baba hamwe, kugeza ubwo n'iyo wabaramburira igitambaro bagikwirwaho. [20] Yakiriwe na Ahmad mu gitabo cye Al Musnad, nimero (17736).
21. Ni byiza ko umuntu uri ku rugendo iyo ageze ahantu asaba bumwe mu busabe bwizewe buturuka ku Ntumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) bugira buti: "AUDHU BIKALIMATILAHI TAMAT MIN SHARI MA KHALAQA: Nikinze ku magambo ya Allah yuzuye kugira ngo andinde ibibi by'ibyo yaremye." [21]; Kubera ko iyo avuze atyo nta kintu cyamugirira nabi kugeza ubwo avuye aho ngaho. [12] Yakiriwe na Muslim, kuri nimero (2708).
22. Ni byiza ku muntu uri ku rugendo kuvuga ALLAH AKBAR (Allah asumba byose) buri uko ageze ahazamuka, yagera ahamanuka no mu bibaya agatagatifuza Allah agira ati: SUBHANALLAH (Ubutagatifu ni ubwa Allah); Djabir (Imana imwishimire) yaravuze ati: "Iyo twazamukaga ahazamuka twavugaga ALLAH AKBAR, TWAMANUKA TUKAVUGA SUBHANALLAH." [22] Ntibavuga ALLAH AKBAR mu majwi aranguruye, Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: "Yemwe bantu! Mwiyorohereze kubera ko mutari gusaba igipfamatwi, cyangwa se udahari, ahubwo ari kumwe namwe yumva bihebuje kandi ari bugufi yanyu." [22] Yakiriwe na Bukhari, nimero (2994). [23] Yakiriwe na Bukhari, nimero (2993).
23. Ni byiza ku muntu uri ku rugendo mu ijoro, kugenda mu ntangiriro zaryo; kubera imvugo y'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) igira iti: "Mujye mugenda mu ntangiriro z'ijoro, kubera ko mu ijoro isi irahinwa ikaba ngufi." [24] [24] Yakiriwe na Abu Daud, nimero (2571).
24. Ni byiza ku muntu uri ku rugendo gusaba kenshi, kubera imvugo y'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) igira iti: "Ubusabe butatu bwakirwa nta gushidikanya: Ubusabe bw'uwahugujwe, n'ubusabe bw'uri ku rugendo, n'ubusabe umubyeyi asabiye umwana we." [17] Yakiriwe na Ahmad mu gitabo cye Al Musnad, nimero (10771).
***
ICYA KABIRI: URI KU RUGENDO AGOMBA KURANGWA N'ISUKU.
Ni itegeko ku muntu uri ku rugendo kwita ku isuku ye, agatawaza igihe abisabwa, ndetse akaniyuhagira ijanaba.
Iyo nta mazi abonye, cyangwa se akaba afite macye acyeneye ku nywa no gukoresha mu byo kurya, yisukuza igitaka (Tayamam).
Uburyo kwisukuza igitaka bikorwamo: Ni ugushyira ibiganza ku butaka, ukabihanaguza mu buranga, no hejuru y'ibiganza.
Kwisukuza igitaka ni iby'agateganyo, kubera ko igihe cyose amazi abonecyeye ya suku y'igitaka iba ibaye imfabusa, icyo gihe niyo aba ategetswe kwisukuza. Iyo rero yisukuje igitaka kubera ijanaba hanyuma amazi akaboneka, aba ategetswe kwiyuhagira, n'iyo yisukuje igitaka amaze kwituma hanyuma amazi akaboneka aba agomba gutawaza. Byaje no muri Hadith ahagira hati: "Itaka umuyisilamu yemerewe kuryisukuza kabone n'ubwo atabona imyaka icumi, ariko nabona amazi ajye atinya Allah, yisukuze amazi ku mubiri we." [26] [26] Yakiriwe na Al Bazar mu gitabo cye Al Musnad, nimero (10068).
Guhanagura ku masogisi akoze mu ruhu (Khufi) byavuzwe muri Qur'an, no mu migenzo y'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha), ndetse n'abagendera ku migenzo y'Intumwa y'Imana babyemeranyijweho.
Kugira ngo guhanagura ku masogisi akozwe mu ruhu (Khufi) n'ibindi nkabyo byemerwe bigira amabwiriza akurikira:
1-Kuba amasogisi akoze mu ruhu (Khofu) cyangwa amasogisi yo mu mwenda bifite isuku ndetse binemewe kuba wabyambara.
2- Kuba yabyambaye yamaze kwisukura (Udhu).
3-Kuba byambitse ibice by'itegeko ategetswe kwisukura.
4- Guhanagura amasogisi ni ku isuku yoroheje igusaba gutawaza, ariko igusaba kwiyuhagira nk'ijanaba n'ibindi icyo gihe ni itegeko kwiyuhagira.
5- Guhanagura bikorwa mu gihe runaka cyagenwe ni amanywa n'ijoro ku muntu utari ku rugendo, n'amanywa n'amajoro atatu ku muntu uri ku rugendo. Iki gihe nk'uko byaje mu mvugo z'impamo gitangira ku nshuro ya mbere yahanaguye ashaka isuku, kikarangirana n'amasaha makumyabiri n'ane ku muntu utari ku rugendo, n'amasaha mirongo irindwi n'abiri ku muntu uri ku rugendo.
Guhanagura ku masogisi byangizwa na kimwe muri ibi bintu bitatu:
1. Iyo agize umwanda umusaba kwiyuhagira nk'ijanaba, icyo gihe guhanagura kwe biba imfabusa, aba agomba kwiyuhagira.
2- Iyo ayiyambuye nyuma yo kuyahanagura.
3-Iyo igihe cyo kuyahanagura cyemewe mu mategeko cyarenze, guhanagura biba imfabusa.
***
ICYA GATATU: AMATEGEKO AGENGA KUGABANYA UMUBARE WA RAKA Z'ISWALAT KU MUNTU URI KU RUGENDO.
Kugabanya raka z'iswalat ku muntu uri ku rugendo ni byo byiza kuruta kuyisali wuzuza umubare wa rakat, ariko n'iyo umuntu uri ku rugendo asayi azuzuza nk'iswalat ya rakat enye agasali enye, iswalat ye iba yemewe, n'ubwo aba anyuranyije n'ibyiza.
Umuntu uri ku rugendo agabanya umubare wa rakat z'iswalat igihe arenze agace cyangwa se umujyi atuyemo, iyi ikaba ari imvugo ya benshi mu bamenyi.
Ariko iyo akoze urugendo nyuma y'uko igihe cyo gusali kigeze yemerewe kugabanya rakat, kubera ko yatangiye urugendo mbere y'uko igihe cy'iyo swalat kirangira.
Naho gusalira hamwe iswalat yo ku manywa (A-dhuhuri) n'iyo ku gicamunsi (Al Aswri), cyangwa se iya ni mugoroba (Al Maghrib) n'iya nijoro (Al Isha-i), niwo mugenzo w'umuntu uri ku rugendo iyo ariko abihisemo, iyo urugendo rwamubanye rurerure akirurimo, agahitamo gukora ibimworoheye akaba yazibanza zombi cyangwa se akazicyereza.
Ariko iyo uri ku rugendo adacyeneye gufatanya iswalat ebyiri yemerewe kudafatanya, nko kuba yaba ageze ahantu adashaka kuva cyeretse igihe cy'iswalat ikurikiraho kigeze, icyo gihe ibyiza kuri we ni ukutazifatanya kuko atabicyeneye; niyo mpamvu Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) itigeze ifatanya iswalat ubwo yari igeze ahitwa Mina mu mutambagiro wayo wa nyuma yakoze kuko itari ibicyeneye.
Naho ku birebana n'iswalat z'imigereka, uri ku rugendo yazisali nk'uko n'utaruriho azisali, yemerewe gusali iswalat yo ku gasusuruko, n'ibihagararo by'ijoro, n'iswalat y'igiharwe (Wit'ri) ndetse n'izindi z'imigereka usibye iz'iswalat y'amanywa (Adhuhuri) n'iza nimugoroba (Maghrib) n'iza nijoro (Al Isha-i), umugenzo mwiza nuko atazisali.
Biremewe gukora iswalat y'umugereka ku kigenderwaho mu rugendo nk'indege, imodoka, ubwato n'ibindi bagendaho mu rugendo. Naho iswalat y'itegeko ni itegeko kubanza kururuka cyeretse bidakunda.
Iswalat umuntu uri ku rugendo asariye inyuma y'utari ku rugendo iremewe, icyo gihe ayisari yuzuza umubare wa rakat umuyoboye asaye, yaba yatangiranye nawe, cyangwa se asanze asigaje raka imwe, cyangwa se munsi yazo, kabone n'iyo yamusanga ku nyicaro y'ubuhamya ya nyuma ariko ataravuga indamutso y'amahoro isoza iswalat, icyo gihe yuzuza umubare wa rakat. Ibi bikaba ari nabyo by'impamo mu mvugo ebyiri zavuzwe n'abamenyi ku byerekeranye nabyo.
***
ICYA KANE: IMYIFATIRE IKWIYE KURANGA UMUNTU UVUYE MU MUTAMBAGIRO MUKURU (HIDJAT) CYANGWA SE UMUTO (UMRAT) CYANGWA SE UVUYE MU RUGENDO.
Aba akwiye kugaruka vuba ntatinde mu rugendo nta mpamvu, kubera imvugo y'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) igira iti: "Urugendo ni kimwe mu bice by'ibihano, bibuza umwe muri mwe kurya no kunywa n'ibitotsi; iyo asoje ibyamujyanye ajye yihutira gusubira mu be." [27] [27] Yakiriwe na Bukhari, kuri nimero (1804), na Muslim kuri nimero (1927).
Iyo ashatse kugaruka mu gihugu cye, yurira ikigenderwaho cye agasaba ubusabe bukoreshwa akanangeraho agira ati: "AYIBUNA, TAIBUNA, ABIDUNA, LIRABINA HAMIDUNA: Turagarutse, twicujije, turi abagaragu ba Nyagasani wacu kandi tumusingiza." [28] [3] Yakiriwe na Bukhari, kuri nimero (1797), na Muslim kuri nimero (1342).
Ni byiza ko mu kugaruka kwe avuye mu rugendo avuga ubusabe Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yajyaga ivuga ivuye ku rugamba, cyangwa se mu mutambagiro mutagatifu mukuru cyangwa se umuto, yageraga ahazamuka ikavuga ngo Imana niyo nkuru (ALLAHU AKBAR) inshuro eshatu, yarangiza ikongeraho igira iti: "LA ILAHA ILA LLAHU WAHDAHU LA SHARIKA LAHU, LAHUL MULKU WA LAHUL HAMDU WA HUWA ALA KULI SHAY'IN QADIIR; AYIBUNA, TAIBUNA, ABIDUNA, SADJIDUNA LIRABINA HAMIDUNA, SWADAQALLAHU WA'ADAHU, WA NASWARA AB'DAHU, WA HAZAMAL AH'ZABA WAH'DAHU: Nta yindi mana ikwiye kugaragirwa usibye Allah wenyine rukumbi, we udafite uwo babangikanye, niwe Nyir'ubwami, n'ikuzo, kandi niwe Nyir'ubushobozi kuri buri kintu. Turagarutse, twicujije, turi abagaragu ba Nyagasani wacu kandi tumusingiza." [29] [5] Yakiriwe na Bukhari kuri nimero (4116).
Ni byiza ku muntu uri ku rugendo akibona umujyi we kuvuga ati: "AYIBUNA, TAIBUNA, ABIDUNA, LIRABINA HAMIDUNA: Turagarutse, twicuza, turi abagaragu, kandi dusingiza Nyagasani wacu." [30] Akabisubiramo kenshi kugeza yinjiye mu mujyi we; nk'uko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) nayo yabigenje. [3] Yakiriwe na Bukhari, kuri nimero (1797), na Muslim kuri nimero (1342).
Ntakwiye gusanga abantu be mu ijoro iyo amaze igihe kinini atahaba cyeretse abanje kubateguza, akazababwira n'igihe azahagerera ari mu ijoro; kubera ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yabibujije. Djabir Ibun Abdillah (Imana imwishimire we na se) yaravuze ati: "Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yabujije umuntu gutaha asubiye mu be ari mu ijoro." [31] Mu bugenge bwabyo nk'uko byavuzwe mu yindi mvugo: "Ni ukugira ngo umugore abanze asokoze umusatsi we udasokoje [32], anagoshe imisatsi yo mu myanya y'ibanga (insya)." [32] No mu yindi mvugo iragira iti: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yabujije umuntu gukomangira ab'iwe mu ijoro, atabagwa gitumo cyangwa se akabona inenge zabo." [34] [12] Yakiriwe na Muslim, kuri nimero (715). [32] Ni umugore uba umaze igihe umugabo we atari ahari agasokoza umusatsi we ndetse akanawusiga amavuta, ndetse no kogosha imisatsi yo mu myanya y'ibanga. [33] Yakiriwe na A-Nasa-iy, nimero (9099). [12] Yakiriwe na Muslim, kuri nimero (715).
Ni byiza ku muntu uvuye ku rugendo kubanza ku musigiti umwegereye, agasaliramo rakat ebyiri nk'uko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'immigisha) yajyaga ibigenza.
Ni byiza ku muntu uvuye mu rugendo akinisha abana b'iwe, no mu baturanyi be, akanabagirira neza igihe baje bamusanga. Hadith ya Ibun Abas (Imana imwishimire we na se) yaravuze iti: Ubwo Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yari igeze i Makat yahuye n'abana bato b'abahungu bo muri bene Abdul Mutwalib, iterura umwe mu biganza bye, n'undi mu mugongo we. Abdullah Ibun Dja'afar (Imana imwishimire) nawe yaravuze ati: "Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iyo yabaga ivuye mu rugendo tugahura nayo; Djabir yaravuze ati: Yahuraga nanjye na Hassan cyangwa se Hussein. Djabir yaravuze ati: Nuko uko umwe ikamuterura mu biganza byayo, undi ikamuheka mu mugongo kugeza twinjiye mu mujyi wa Madinat." [35] [12] Yakiriwe na Muslim, kuri nimero (2428).
Ni byiza gutanga impano kuko bitunganya imitima, bikanakuraho inzangano, ni na byiza kuyakira kandi ntibyemewe kuyanga nta mpamvu yemewe n'amategeko ihari. Niyo mpamvu Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti: "Mujye muhana impano bizatuma mukundana." [36] Impano ni imwe mu mpamvu zongera urukundo hagati y'abayisilamu. [36] Yakiriwe na Al Bayhaqiy mu gitabo cye A-Sunan Al Kubura, nimero (11946).
Iyo umuntu uvuye ku rugendo ageze mu gihugu cye, biba byiza iyo ahoberanye n'abandi, nkuko byashimangiwe biturutse ku basangirangendo b'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) nkuko Anas (Imana imwishimire) yabivuze agira ati: "Iyo abasangirangendo bahuraga barasuhuzanyaga bahanye ibiganza, bava ku rugendo bagahoberana." [37] [37] Yakiriwe na A-Twabaraniy mu gitabo cye Mu'udjam Al Aw'satw, nimero (97).
Amahoro n'imigisha nibisakare ku Ntumwa yacu Muhamadi.